AATEEA and its members representing their countries have been in Rwanda for 5 days in a conference on the theme says:”Hope Renewed : Waiting Upon Lord in the New Normal.” Isaiah 40:31
Abaganga Bavura indwara zifata amaso bavuga ko 80% byazo zishobora kwirindwa bityo abantu basabwa kwita cyane ku buzima bw'amaso yabo.
Abashyikirije Perezida wa Repubulika Paul Kagame impapuro zibemerera guhagararira ibihugu byabo n'imiryango mpuzamahanga mu Rwanda, biyemeje kubaka ubufatanye butajegajega, bugamije iterambere.
Minisiteri y'ubutegetsi bw'igihugu iravuga ko abayobozi b'inzego z'ibanze baherutse gutorwa bazasenyera umugozi umwe bagamije iterambere n'imibereho myiza y'abaturage, no kwirinda kwegura no kweguzwa bya hato na hato byaranze bamwe mu bababanjirije.
Mu gihe hashize igihe gito ministeri y’uburezi itangaje ko hagiyeho ikiguzi kingana ku mashuri ya leta, kuri ubu haravugwa imibare y'abanyeshuri bava mu mashuri yigenga bakajya mu mashuri ya Leta ikomeje kwiyongera mu Mujyi wa Kigali.
Umushumba wa Arkidiyosezi ya Kigali, Antoine Cardinal Kambanda yifatanyije n’imfungwa n’abagororwa muri Gereza ya Nyarugenge iri i Mageragere, mu gitambo cya Misa no gutanga isakaramentu ryo gukomezwa ku bagororwa 23.
Kuwa Gatandatu tariki ya 01 Ukwakira 2022, Perezida wa Repubulika ya Santarafurika Prof. Faustin Archange Touadéra na Madamu we bakiriye ku meza itsinda ry'abasirikare b'u Rwanda 200 bari muri iki gihugu kubw'amasezerano ibihugu byombi byagiranye. Ibi byabereye mu rugo iwe mu gace ka Damara muri Santarafurika.