Minisiteri y'ubuzima ivuga ko kuva ku itariki 20 z'uku kwezi kwa cyenda, bimenyekanye ko mu gihugu cya Uganda hagaragaye Ebola mu gace ka Mubende, yahise itangira gukurikirana iby'iki kibazo no gufata ingamba zo gukumira.
Ifunguro ufata mu gitondo ukibyuka niryo funguro ry’ibanze kandi rifite akamaro cyane ku munsi.
Benshi ni abakirisito mu madini anyuranye ni na bo benshi, abandi ni Abayisiramu, gusa ntitwakirengagiza ko hariho n’abandi nk’abizera idini gakondo, abadafite idini na rimwe babarizwamo, ababahayi, ababudisite, abahindu, Orthodox, abarangi n’abandi.
Ikipe y’Igihugu y’Abatarengeje imyaka 23 yageze muri Libya mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu, amasaha make mbere yo gukina umukino ubanza wo gushaka itike y’Igikombe cy'Afurika kizaba mu mwaka utaha.
Banki Nkuru y'u Rwanda yavuze ko izamuka ry'ibiciro rikabije mu Rwanda ridashingiye gusa ku bibazo by'ubukungu ku isi, kuko no mu Rwanda habayeho ikibazo cy'umusaruo muke mu rwego rw'ubuhinzi.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yasabye abaturarwanda gukaza ingamba zo kwirinda no gukumira iki cyorezo kugira ngo kitagera mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame asanga ikibazo cy'umutekano muke mu Burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kitakemurwa no kwitana ba mwana kuko icyabuze ari ubushake bwa politiki bwo kurandura umuzi w'ikibazo nyir'izina.