Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco yagejejwe imbere y’urukiko, aburana ku byaha bibiri aregwa, byo kwakira indonke ya miliyoni 5 Frw no gukoresha ububasha ahabwa n’amategeko mu nyungu ze bwite.
Nk’uko tubikesha urubuga www.unicef.org/fr, ubushakashatsi bwagaragaje ko abana bato n’ingimbi bashobora kugira ibibazo bibatera guhangayika gukabije.
Aborozi babikora mu buryo bwa kijyambere, baratangaza ko hari ikibazo cy’uko ibiryo by'amatungo byahenze cyane bigatuma igishoro kirenga amafaranga binjiza mu gihe bagurishije ibikomoka ku matungo borora.
Minisiteri y'Ubuzima iratangaza ko kongera ubushobozi no kugira inzobere mu butabazi bw'ibanze, bizafasha u Rwanda mu guhangana n'ibyorezo bitunguranye ndetse n'ibiza.
Ibihugu bihuriye mu Muryango wa COMESA, birimo gusuzumira hamwe uburyo bwo gushyiraho amabwiriza y'ubuziranenge agenga ibikoresho byifashishwa mu gukwirakwiza amashanyarazi akomoka ku mirasire y'izuba, kugira ngo byongere umubare w'ingo zigerwaho n'aya mashanyarazi.
Minisiteri y’Uburezi yaburiye abayobozi b’ibigo by’amashuri bazaca ababyeyi amafaranga anyuranye n’ari mu mabwiriza iherutse gutangaza.
Ni umuhango watangijwe no gutaha ibice bitandukanye by’iyi nyubako n’ibikoresho birimo bifite agaciro gasaga Miliyari y’amafranga y’u Rwanda, aho yafunguwe ku mugaragaro n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’intara y’Uburengerazuba ndetse n’umuyobozi w’akarere ka Karongi n’abandi bayobozi b’inzego za leta, abayobozi b’umuryango w’abadiyakonesi “Abaja ba Kristo” ndetse n’Umuyobozi w’Itorero Presbyterienne mu Rwanda-EPR Rubengera Presbytery.